Home Uncategorized Abantu benshi baguye mu gitero cy’abiyahuzi hanze y’umusigiti muri Somaliya

Abantu benshi baguye mu gitero cy’abiyahuzi hanze y’umusigiti muri Somaliya

0

Nk’uko umuyobozi w’akarere abitangaza ngo byibuze abantu batandatu baguye mu gitero cy’umwiyahuzi hanze y’umusigiti mu mujyi wa Kismayo ku cyambu cya Somaliya.

Abdinasir Gulled yatangarije ibiro ntaramakuru dpa ati: “Umwiyahuzi yiyahuye yambaye ikositimu iremereye y’ibisasu yibasiye idini y’abayisilamu ku musigiti wa Qaadim rwagati mu mujyi ubwo abantu bavaga ku musigiti nyuma yo gusenga kuri uyu wa gatanu.”

Gulled yavuze ko abandi bantu 20 bakomerekeye muri icyo gitero, gishobora kuba cyari kigamije guhitana umuyobozi w’intara. Al-Shabab yatangaje ko ari yo nyirabayazana w’igitero cyagabwe kuri Radiyo Andalus.

Uyu mutwe witwaje intwaro ufitanye isano na al-Qaeda, uhora ugaba ibitero ku bayobozi ba guverinoma, abanyamakuru ndetse n’abacuruzi bakomeye, ndetse n’abasivili, mu gihugu cyashegeshwe n’umutekano muke, igihugu cyo mu ihembe rya Afurika.

Ibitero birakomeje

Ibi bibaye nyuma y’abantu batatu bishwe abandi barindwi bakomereka mu gitero cy’ubwiyahuzi muri resitora ya Mogadishu ku wa gatatu ushize. Umuvugizi wa minisiteri y’itangazamakuru Ismail Mukhtar Omar yavuze ko uwagabye igitero yinjiye muri resitora ya Sky Sky hafi y’ahakinirwa ikinamico I Mogadishu mbere yo kwiturikirizaho igisasu.

Nibura abasirikare batatu b’ingabo zidasanzwe za Somaliya nibo bishwe ndetse n’umusirikare w’umunyamerika yakomerekeye mu gitero cyabereye hanze y’ikigo cya gisirikare giherereye mu majyepfo ya Somaliya. Al-Shabab yavuze ko ari yo yari inyuma y’icyo gitero maze umubare w’abapfuye uba 20.

Umusirikare wo muri Somaliya na we yakomerekeye muri icyo gitero cyagabwe mu mudugudu wa Janay Abdalla, ku birometero 60 uvuye i Kismayo – akaba ari n’umurwa mukuru w’ubuyobozi bwa leta ya Jubaland.

Somaliya imaze imyaka igera kuri 30 ihura n’amakimbirane adashira, mu gihe guverinoma ishyigikiwe n’amahanga muri Mogadishu irwana na al-Shabab kuva mu 2008.

Muri Kanama, abasivili 10 n’umupolisi baguye mu gitero cy’imbunda na za bombe bya Al-Shabab byatewe kuri hoteri yo hejuru y’inyanja mu murwa mukuru.

Muri uko kwezi, abarwanyi bane ba al-Shabab bafungiye muri gereza nkuru ya Mogadishu baguye mu mirwano ikaze n’inzego z’umutekano nyuma yo kubona uko bashyikira intwaro muri icyo kigo.

Nanone abantu barindwi baguye mu gitero cyihariye muri Kanama ubwo igisasu cyari giteze mu modoka cyaturikiye mu birindiro by’ingabo i Mogadishu aho abagize ingabo z’igihugu cya Somaliya (SNA) bari bari.

Mporebuke Noel

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleSankara yasabye ko ikirego ke cyahuzwa n’icya Rusesabagina
Next articleUmwongereza asobanura impamvu Paul Rusesabagina yatawe muri yombi

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here