Home Politike Apotre Mutabazi washyizwe mu madeni na Leta arasaba Perezida Kagame kuyamwishyurira

Apotre Mutabazi washyizwe mu madeni na Leta arasaba Perezida Kagame kuyamwishyurira

0
Apotre Mutabazi arasaba Perezida Kagame kumwishyurira utudeni deni twa miliyoni 30 afitiye abaturage batandukanye

Mutabazi kabarira Maurice, umukozi w’imana uzwi nka apotre Mutabazi arasaba Perezida Kagame kumwishyurira amadeni arenga miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda avuga ko yashyizwemo na leta y’u Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri iki cyumweru yatangaje ko kuba ari kuvugwa cyane muri iyi minsi nk’umwambuzi bitamutunguye kuko ababiri inyuma ari “ abanyepolitiki batinya ko yabasimbura kuko ahora yiteguye guhabwa umwanya wa politiki agasimbura abarimo.”

Mutabazi ati: “ Amadeni muri kumva amvugwaho ni make cyane kuko natrenze miliyoni imwe na 200 kandi njye mfite amadeni arenga miliyoni 30.”

Aha niho Mutabazi ahera yifashishije ijambo ry’imana asaba umukuru w’Igihugu kuyamwishyurira aho kugirango ayishyurirwe n’abamurwanya.

Atia: “ Ndahamya ko byakugezeho ko ngukunda bizira uburyarya, wasanga no mu byo banziza nabyo birimo, niba mbagiriyeho umugisha ndabasaba ko aho kwishyurirwa n’ibyo bigarasha mwanyishyurira utwo tudeni deni abatanyifuza mu kibuga cya politiki buririraho.”

Mutabazi akomeza avuga ko amaze kwishyurirwa utu tudeni deni mu buhanga azwiho azakorera igihugu atububa.

Mu kugaragaza aho aya madeni ye yavuye, Mutabazi avuga ko leta ihazi kandi ko n’iyo ahuye n’abari mu butegetsi abibabwira.

“ Ubuyobozi bukuru bw’Igihugu (Central government ) buzi amadeni mfite, kuko ni kenshi twicarana nkababwira nti amadeni mwanteje, none se ubu ayo madeni nibwo bayamenye?”

Mutabazi avuga ko ariwe uzi amadeni afite akandi ko mu gihe abanyamakuru bamuhamagara ngo ayababwire yiteguye kuyabarondorera yose.

“ Ninjye uzi amadeni mfite kuko ndara amajoro mbara amabati nshaka uko nayishyura.”

Mu minsi ishize nibwo Apotre Mutabazi yahuye nabo yise “ abafana be” bahurira muri imwe muri hotel zo mu mujyi wa Kigali ashaka kubagurisha imwe mu myambaro ye ariko ibura abaguzi, iki cyaba ari kimwe mu bisubizo yashakaga mu kubona amafaranga amufasha kwishyura amadeni, iki ki ikibazo buri wese yakwibaza.

Apotre Mutabazi arasaba Perezida Kagame kumwishyurira utudeni deni twa miliyoni 30 afitiye abaturage batandukanye
Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleGicumbi: Nta mbogamizi zitezwe mu ikingira rya COVID-19 ku bana bato
Next articleU Rwanda na RDC ntibivug rumwe ku musirikare wa FARDC wafatiwe mu Rwanda
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here