Home Amakuru Samuel Eto’o Meyer anahamwa n’ibyaha byo kunyereza imisoro

Samuel Eto’o Meyer anahamwa n’ibyaha byo kunyereza imisoro

0

Umukinnyi w’umupira wamaguru ukomoka muri Kameruni, Samuel Eto’o yemeye ko yakoze uburiganya akanyereza amamiliyoni y’amadolari y’imisoro ubwo yakiniraga ikipe ya FC Barcelona yomu Gihugu cya Espagne.

Urukiko rwo muri uyu mujyi rwamukatiyeigifungo cy’amezi 22 n’ihazabu – ariko ntazafungwa kuko yemeye icyaha akororereza urukiko.

Muri rusange, Eto’o agomba kwishyura amadolari miliyoni 8 y’imisoro yanyerejeni ukuvuga arenga gato miliyari 8 z’amafaranga y’u Rwanda.

Icyemezo cy’urukiko cyavuze ko Eto’o n’umukozi we banyereje nkana umusoro ku nyungu wavaga mu burenganzira bw’ishusho (Image right), hagati ya 2006 na 2009.

Mu minsi ye yo gukina, Eto’o yafatwaga nka ba rutahizamu bakomeye ku isi. Ubu ni perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Kameruni.

Samuel Eto’o, umwe muri ba rutahizamu beza babayeho ku Isi
Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articlePerezida Kagame mu nama yo gukemura ibibazo bya DRC na M23
Next articleU Rwanda ruvuga iki ku kuba Congo yanze ingabo zarwo ko zijya kuyifasha
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here