Home Amakuru Uganda: Perezida Museveni yateye utwatsi ibyo gusimburwa n’umuhungu we

Uganda: Perezida Museveni yateye utwatsi ibyo gusimburwa n’umuhungu we

0

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yahakanye ibyo gutegura umuhungu we Gen Muhoozi ngo abe ariwe uzamusimbura kumwanya w’umukuru w’Igihugu.

Ibi yabitangaje mu kiganiro cyaciye kuri radiyo BBC kuri uyu wa gatatu aho yavuze ko yateguye ishyaka rya NRM ku kuba ryatanga abayobozi batandukanye barimo n’uwamusimbura ku mwanya w’umukuru w’Igihugu igihe yaba avuyeho.

“ Nta narimwe nigeze mvuga ko NRM idashobye gutanga abayobozi mpora mvuga ko abayobozi bahari kandi bava muri NRM.”

Umunyamakuru wa BBC yakomeje guhata Perezida Museveni ibibazo amubwira ko ari gutegura umuhungu we w’imfura ku musimbura kuko ubu ari umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka akaba n’umujyanama we wihariye.

Perezida Museveni yahakanye ibyo gutegura Gen Muhoozi.

“Oya ari gukora ibyo yagakwiye gukora mu gihe cyabyo.”

“ Ntabwo mba narateguye ishyaka n’igisirikare mba narateguye abantu ku giti cyabo ariko sibyo nakoze kuko igisirikare n’ishyaka nibo bazi uko bazatuyobora igihe ni kigera.”

 Perezida Museveni agaruka ku muhungu we Gen Muhoozi avuga ko afitanye isano n’amateka yo kubohora Uganda akurikije igihe yavukiye.

“ Yavutse mu bihe bibi cyane, niwe wabaye kadogo akiri muro cyane, afitanye isano n’amateka y’intambara ni ngombwa cyane kuyakoresha. Yavukiye muri Tanzania akurira muri Kenya yitoreza igisirikare mu Misiri.”

Perezida Museveni akomeza avuga ko yiteguye kuva ku butegetsi mu gihe abaturage bazaba babishatse.

“Igihe ishyaka ryacu (NRM) rizaba ribyemeye nzajya kuruhuka urugo rwanjye rurahari (Rwakitura), sinigeze nifuza akazi n’ubu ntako nshaka, ikibazo gihari ni ukugeza Afurika ahantu itekanye inabyarira umusaruro abatuye isi bose.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleUbutumwa nahaye Perezida Kagame ni kimwe n’ubwo nahaye Tshisekedi –Binken
Next articlePuderi ya Johnson igiye gukurwa ku isoko nyuma y’imyaka 130 ikunzwe
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here