Home Uncategorized Umujyi wa Kigali ubu nta sitade ihari yakwakira imikino mpuzamahanga

Umujyi wa Kigali ubu nta sitade ihari yakwakira imikino mpuzamahanga

0

Nyuma yuko mu cyumweru gishize impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Africa CAF, yandikiye Ferwafa iyimenyesha ko hari ibigomba kubanza gukosorwa muri sitade ya Kigali kugirango ibone kwakira imikino mpuzamahanga byatumye umujyi wa Kigali usigara nta sitade yemewe ku rwego mpuzamhanga kuri ubu yakwakira imikino iri kuri urwo rwego.

ibi bibaye nyuma y’igihe CAF yaramenyesheje Ferwafa ko sitade nkuru y’iighugu (Sitade Amahoro) itemerewe kwakira imikino kuko hari ibyo itujuje ariko bikaba byaranahuriranye na gahunda ya leta y’u Rwanda yo kuyivugurura no kuyongerera ubushobozi bwabo yakira bakava ku bihumbi 25 bakagera ku bihumbi 45. ibikorwa bitaratangira

Ferwafa yemeye ko yandikiwe na CAF iyisaba kugira ibyo ivugurura muri sitade ya Kigali bitarenze uku kwezi kugirango ikipe y’Igihugu Amvubi azahakinire imikino yo guhatanira kujya mu gikombe cy”isi cya 2022 yirinze gutangaza ibyo CAF yanenze sitade ya Kigali biravugwa ko ari ikibazo cy’intebe abafana bicaraho (kwicara kuri sima ntibyemewe), inkingi zikingiriza abantu no kuvugurura mu rwambariro.

Umunyamabanga uhoraho wa Ferwafa Uwayezu François Regis aganira na radio Flash ayavuze ko mu Rwada hari izndi sitade mpuzamahanga zirimo sitade ya Huye n’iya Rubavu.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleUwari uhagarariye abanyamakuru mu nteko rusange ya Komite olympic yaratutswe ngo “ziba”
Next articleUmuryango wa Kabuga wateye utwatsi icyemezo cy’urukiko
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here