Home Amakuru Uruganda rwa Sulfo rwafunzwe

Uruganda rwa Sulfo rwafunzwe

0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bubyutse bufunga uruganda rwa Sulfo Rwanda rukora ibikoresho by’isuku n’ibindi kubera ubwandu bwinshi bwa Covid-19 buri mu ma bakozi bwaro.

Umunyamabanga nshinngwa bikorwa w’Karere ka Nyarugenge yenereye itangazamakur iby’iri fungwa ahamya ko bari gushaka aho abanduye bose baherereye.

Muri Sulfo hapi,we umukozi umwe basanga aranduye bituma bapima abakozi baose abasanga abagera ku 10.1% bafite Covid-19.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, yagize  ati “Sulfo yo twabaye tuyifunze mu gihe cy’iminsi irindwi ku bw’ubwandu bwagaragayemo bukabije. Urumva rero, Sulfo ni uruganda, abantu bakorera ahantu bari hamwe, birashoboka ko umuntu yaza umwe akabanduza”.

Uruganda rwa Sulfo ni rumwe mu nganda zimaze igihe mu Rwanda rukaba runakoresha abakozi benshi babarirwa mu gihumbi. rukora amavuta yo kwisigana amasabune atandukanye, amazi yo kunywa n’ibidni byinshi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda

Muri iki cyumweru nacyo kitarasozwa hamaze kugaragara abarwayi ba covid-19 bashya barenze 600 nk’ahao kuri uyu wa gatanu honyine hagaragaye abarwayi 202.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleWenda turaza kongera gufunga byongere bidusubize inyuma mu bukungu –Perezida Kagame
Next articleAmafoto: Rwatubyaye Abdul yarongoye mu ibanga
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here