Home Amakuru Nta kindi kirunga cyarutse muri Congo ni amakara batwikaga

Nta kindi kirunga cyarutse muri Congo ni amakara batwikaga

0

Kuri uyu wa gatandatu habyutse amakuru menshi tariyo yemeza ko ikindi kirungo cyo muri Repubilika ya Congo nacyo cyarutse nyuma y’iminsi mike Nyiragongo irutse igakura mu byabo abaturage babarirwa mu bihumbi kikanangiza imitungo myinshi.

Guverinomaya Copngo yihutiye guhakana aya makuru ivuga ko nyuma yo kureba neza ikohereza indege mu gace ikirunga Nyamuragira giherereyemo basanze ari abantu batwikaga amakara bigatuma imyotsi myinshi ijya mu kirere hagakekwa ko ari ikirunga cyarutse.

Ubutumwa buhakana iruka ry’ikirunga

Gusa mbere iyi Guverinoma yari yabanje kwemeza iruka rya Nyamuragira kuri uyu wa gatandatu ariko ivuga ko nta bukana bukomeye gifite kandi ko kiri kurukira ahantu hadatuye abantu kuko kirikuruka cyerekeza muri Pariki ya Virunga.

Nta yandi makuru arambuye guverinoma ya Congo iagaragza umwiroindoro w’abatwikaga amakara cyangwa icyatumye mbere yemeza ko Nyiragongo iri kuruka.

https://twitter.com/Com_mediasRDC/status/1398590618776092672
Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleHizihijwe umunsi w’isuku y’imihango abanyarwandakazi bataroroherezwa kubona Cotex
Next articleUmuhanzi Cecile Kayirebwa abaye nka Gen Ibingira
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here