
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuzima mu Rwanda RBC, cyemeje ko hari abanyarwanda cyapimye kibasangamo indwara ya Covid-19 ariko cyemeza ko batarembye kandi ko ko bikwiye gufatwa nk’ibisanzwe.
Ibi byemejwe n’umuyobozi mukuru wa RBC, Prof. Claude Mambo Muvunyi, uvuga ko nyuma yo kubona ko icyorezo cyongeye kugaragara mu bihugu bitandukanye, hakozwe isuzuma rigamije kureba uko byifashe mu gihugu. akomeza avuga ko hapimwe abantu 16 basanga aharimo abaduye Covid-19 bari munsi ya 1% ryabo.
Yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukomeza guhangana nayo ku buryo bidakwiye gukura umutima Abaturarwanda.
Ati “Nta kintu cyatera ubwoba gihari, kuko ababonetse ntabwo barembye ni ibintu bisanzwe by’ibicurane ariko na Covid-19 bari munsi ya 1%. Mu mpagararizi twari twafashe, twari twafashe izigera ku bihumbi 16000.”
Hashize iminsi hari ubwiyongere bwa Covid-19 mu bihugu birimo u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ubu bwoko bushya bwiswe NB.1.8.1, ubu bubarirwa ku rugero rwa 10% by’ubwandu bwose ku Isi, kandi bwamaze kuboneka muri Irlande y’Amajyarugu na Pays de Galles.
Kuva muri Mutarama 2025, ubwoko bwa Omicron bwakwirakwiye mu turere twinshi twa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, muri Australie, Thailand, kandi ni bwo bwoko buri ku isonga mu Bushinwa no muri Hong Kong.
RBC isobanura ko ikomeje gukora ubugenzuzi kugira ngo ihashye iki cyorezo.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yanditse ku rukuta rwe rwa X ko “muri iyi minsi tuva mu itumba tugana mu cyi; hari ubwiyongere bw’indwara zifitanye isano n’ihinduka ry’ ikirere”.
Yatanze urugero ku bicurane “biterwa na virus ya influenza na Covid-19” asaba abantu kwirinda “kwanduzanya, tugire isuku”.












