Home Amakuru Amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yahindutse mu buryo budasanzwe

Amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yahindutse mu buryo budasanzwe

0

Mu itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 02 Gashyantare 2021, harimo ko gahunda ya Guma mu rugo mu mugi wa Kigali igiye gukomeza guhera tariki 3 kugera tariki 7 Gashyantare 2020.

Guhera tariki ya 8 kugeza tariki ya 22 Gashyantare 2020 hazakurikizwa amabwiriza akurikira nk’uko itangazo ry’inama y’abaminisiutiri ribitangaza.

Mu mujyi wa Kigali

  • Ingendo zirabujijwe guhera saa moya (7pm) z’umugoroba kugeza saa kumi za mugitondo (4pm).
  • Abakozi ba Leta bazakomeza gukorera mu rugo, keretse abagiye gukora serivise za ngombwa.
  • Abikorera nabo bemerewe kongera gukora ariko bagakoresha abakozi b’ingenzi gusa.
  • Abikorera ntbagomba kurenza abakozi 30%, abandi bagakorera mu rugo bakagenda basimburana.
  • Amasoko n’amaduka bizakomeza gukora ku kigero cya 50% by’abagombaga gukora. Isaha ibyo bikorwa bizajya bifunga ni saa kumi n’imwe (5pm).
  • Amashuri ya leta n’ayigenga azakomeza gufunga.
  • Ingendo zihuza umugi wa Kigali n’izindi ntara zirabujijwe.
  • Ingendo z’ibinyabiziga ziremewe muri Kigali. Gusa izitwara abantu zigomba kutarenza 50%.
  • Moto n’amagare byemewe gutwara abantu.
  • Inama zihuza abantu imbonankubone zirabujijwe.
  • Restora na cafe zizajya zigemurira abantu ibiryo gusa.
  • Insengero n’utubari bizakomeza gufunga.

Ahasigaye hose mu gihugu

  • Ingendo zirabujijwe guhera saa moya (7pm) z’umugoroba kugeza saa kumi za mugitondo (4pm).
  • Ingendo hagati y’uturere dutandukanye zirabujijwe.
  • Amashuri azakomeza gukora hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
  • Insengero n’utubari bizakomeza gufunga.
  • Amateraniro rusange n’imihango y’ubukwe yose birabujijwe.
  • kwitabira ikiriyo ntibigomba kurenza abantu 10 naho gushyingura ntibigomba kurenza abantu 15.

Ni inama yayobowe na Nyakubahwa perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Mporebuke Noel

 

 

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleEse gereza iragorora cyangwa iragoreka ?
Next articleDore urutonde rw’agateganyo rw’inkingo ibihugu byo mu karere bigiye guhabwa

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here