Home Amakuru Amerika yataye muri yombi Perezida Maduro wa Venezuela

Amerika yataye muri yombi Perezida Maduro wa Venezuela

0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yategetse igisirikare kurasa ibisasu muri Venezuela ndetse no ku murwa mukuru wayo Caracas no ku bigo bya gisirikare, nyuma anatangaza ko bataye muri yombi Perezida Maduro w’iki gihugu.

Ibi ni byo bitero bya mbere bikomeye Amerika ikoze ku mugabane wa Amerika y’Epfo kuva nyuma y’intambara y’ubutita mu myaka ya za 1990.

Ibi bitero bya Amerika byatumye abatura b’iki gihugu bashya ubwoba, ndetse bigitangira Perezida Nicolás Maduro yamaganye “ubushotoranyi bwa gisirikare” bwa Amerika kandi atangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.

Amashusho yerekanye umwotsi mwinshi uzamuka mu bice bitandukanye by’umurwa mukuru Caracas.

Umwe mu babonye ibi bitero yabwiye BBC ati: “Umutima wanjye warimo utera cyane n’amaguru yanjye arimo gutitira”.

Ibi bibaye nyuma y’uko ibihugu byombi bimaze iminsi bishyamiranye, ahanini kubera ibirego Amerika ishinja leta ya Caracas byo gushyigikira ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Perezida Trump yemejeko Amerika yagabye “ibitero bikomeye kuri Venezuela” kandi “yafashe umutegetsi wayo, Perezida Nicolàs Maduro” n’umugore we.

Ibi yabitangaje ku rubuga rwe Truth Social anemeza ko nyuma yo gufatwa Maduro yahise “avanwa mu gihugu” n’indege.

Nta makuru arambuye aratangazwa ku kuba Maduro yaba koko yafashwe, kandi leta ya Venezuela nta cyo irabitangazaho. Trump yongeraho ko ibi bikorwa byakozwe bigendanye n’amategeko ya Amerika kandi yongeraho ko baza gutanga amakuru arambuye mu kiganiro n’abanyamakuru ku rugo rwe Mar-a-Lago.

Amerika, yari yarashyizeho miliyoni 50 z’amadorari nk’igihembo cy’uwafasha mu guta muri yombi Perezida Maduro.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleRIB Yafunze Umuyobozi Ukekwaho Ibyaha by’Ishimishamubiri Rishingiye ku Gitsina
Next articleNgoma: Akarere niko kazishingira gushyingura abishwe n’inkuba
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here