Home Amakuru Meya wa Goma yahagaritswe kubera Umuganda

Meya wa Goma yahagaritswe kubera Umuganda

0

Umuyobozi w’umujyi wa Goma, Julien Katembo, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’amajyaruguru muri DR Congo, wamaze kwigarurirwa n’umutwe wa M23, yahagaritswe kuri izi nshingano mu gihe kigera ku minsi 15 nyuma yo kurangwa n’imyitwarire idahitswe mu gikorwa cya Salongo (umuganda) giheruka.

Julien Katembo, yavuze ko ariwe watanze amabwiriza ku bashinzwe umutekano yo guhanisha abasore babibiri bavukana inkoni (gukubitwa), nyuma yo kwanga kwitabira iki gikorwa cy’umuganda mu mpera z’icyumweru gishize. Igikorwa cyo gukubita aba basore cyazamuye amarangamutima ya benshi bavuga ko iki ari igihano kidakwiye.

Amakuru aturuka hafi mu buyobozi bwintara ya Kivu ya ruguru avuga ko uyu muyobozi w’umujyi wa Goma yamaze guhagarikwa ashinjwa kurwangwa n’imyitwarire ihabanye cyane n’imigenzo ya AFC M23.

Uyu niwe muyobozi wambere mu bya politiki uhanwe kuri uru rwego nyuma y’amezi hafi icyenda uyu mujyi wigaruriwe n’uyu mutwe urwanya ubutegetsi. Gusa mu minsi ishize hari amakuru yacicikanye mu binyamakuru avuga ko abayobozi bakuru mu ngabo nabo bahanishijwe igifungo nyuma yo gushinjwa kwigwizaho imitungo no kwishora mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleKamonyi: Umwarimukazi yafunzwe kubera umucanga umugabowe ajya gusaba kumufungirwa
Next articleNyagatare yatangije iminsi 16 yo kurwanya ihohotera
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here