Home Uncategorized Burundi: Gervais Ndirakobuca ntakiri minisitiri w’intebe

Burundi: Gervais Ndirakobuca ntakiri minisitiri w’intebe

0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagize Nestor Ntahontuye Minisitiri w’Intebe, asimbura Lt Gen (Rtd) Gervais Ndirakobuca uherutse gutorerwa kuba Senateri.

Gervais Ndirakobuca, avuye kuri uyu mwanya hasigaye igihe gito ngo awumareho imyaka itatu, ni umwnaya yagiyeho asimbuye Gen Bunyoni Alain Guillaume ubu ufunzwe.

Ntahontuye yagizwe Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa 5 Kanama 2025 nyuma y’amezi umunani agizwe Minisitiri w’Imari, Ingengo y’Imari ndetse n’Igenamigambi.

Inshingano nshya ya Ntahontuye yemejwe bidasubirwaho na Sena y’u Burundi kuri uyu wa 5 Kanama, nyuma yo gutora biro yayo iyobowe na Ndirakobuca.

Ntahontuye afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye n’ibarurishamibare, yakuye muri Kaminuza y’u Burundi.

Yakoze imirimo y’igenamigambi ndetse n’ubushakashatsi mu miryango irimo Care International, Oxfam na Global Fund mu Burundi no ku rwego rw’akarere.

Ubwo yagirwaga Minisitiri w’Imari mu Ukuboza 2024, yari asanzwe ari Perezida wa Komite y’umutwe w’abadepite ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo w’igihugu, imari, ibikorwa by’ubukungu n’igenamigambi.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleIgisirikare cy’u Rwanda cyemeje ko gifunze abasivili 20
Next articleKigali: imurikagurisha mpuzamahangarya 2025 ryitabiriwe n’ibihugu 19
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here