Home Politics Frank Habineza mu nzira zisubira mu Nteko ishingamategeko

Frank Habineza mu nzira zisubira mu Nteko ishingamategeko

0

Frank Habineza na Alphonse Nkubana batowe n’inteko Rusange y’Ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki (NFPO) kuri uyu wa 14 Ukwakira 2025, batowe nk’abagize inteko ishingamategeko umutwe wa Sena.

Aba bobi nyuma yo gutorwa bazemezwa n’urukiko rw’ikirenga nk’nzira yanyuma iteganwa n’amategeko.

Mu nteko ishingamategeko umutwe wa sena bazasimbura Senateri Alexis Mugisha na Clotilde Mukakarangwa bazarangiza manda zabo tariki ya 22 Ukwakira 2025.

Frank Habineza si ubwambere agiye kwinjira mu ngoro y’inteko ishingamategko kuko muri manda ishize yari umwe mu badepite, yinjiyemo ubwo ishyaka rye ryagiraga amajwi asabwa mu matora rusange kugirango bemererwe kwinjira mu Nteko.

Mu 2017, Dr. Habineza yahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu ariko ntibyamuhira. Mu mwaka wakurikiyeho, yabaye umudepite muri manda imwe yarangiye mu 2024.

Mu 2024, Dr. Habineza na bwo yahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu, ariko na bwo ntiyatsinda. Kuva mu mwaka ushize kugeza ubu, yibandaga mu mirimo y’ishyaka DGPR kuko ni Perezida wayo.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleUwizeyimana Evode mu barangije manda yabo muri Sena
Next articleNdindabahizi wahamijwe ibyaha bya Jenoside yapfiriye muri Gereza
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here