
Kigali, kuri uyu wa kane italiki 25 Nzeri 2025, muri Kigali Convention Centre, Perezida Paul Kagame yifatanyije na David Lappartient, Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare (UCI), hamwe n’intumwa zavuye mu bihugu binyamuryango, mu gufungura ku mugaragaro inama ya 194 ya UCI Congress iri kuba mu gihe cya Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare ya 2025 ibera i Kigali.
Iyi Shampiyona ikomeye izwi nka Kigali2025, yanditse amateka yo guhuriza hamwe ibihugu 108, birimo umubare utigeze ubaho w’ibihugu 36 bya Afurika.
Perezida Kagame yashimangiye ko uyu mwaka wa 125 w’isabukuru ya UCI ari igikorwa cy’amateka kuko ari bwo bwa mbere ibi bikorwa bibereye ku mugabane wa Afurika.
Yashimiye abakinnyi n’abafana baturutse hirya no hino ku isi, kuva mu bihugu bikomeye mu mukino w’amagare kugeza ku bito, avuga ko ari uruhare rwabo rutuma ibi birori bigira agaciro kidasanzwe.
Perezida Kagame agira ati: “Ku bakinnyi bose: turabizi ko udusozi twacu tugora cyane, ariko mukayatsinda mufite umuhate n’ubutwari. Uburyo mwitwara bwerekana urugendo rw’u Rwanda ubwarwo, rwadusogongeje kuri iyi ntambwe y’amateka. Turabashimira kandi tuzabashyigikira buri ntambwe yose.”
Iyi nama ya 194 ya UCI Congress ifunguwe i Kigali, ni intambwe ikomeye ku mukino w’amagare muri Afurika no ku rwego rw’isi, aho u Rwanda rugaragaza ubushake bwo gukomeza kuba ku isonga mu kwakira ibikorwa bikomeye mpuzamahanga.
Irushanwa mpuzamahanga ry’amagare riri kubera mu Rwanda ryatangiye ku cyumweru italiki 21 Nzeri 2025 rizasoza ku cyumweru italiki 28 Nzeri 2025.
Doreen Karungi












