Home Amakuru Twitter yemeje igihugu kizabamo icyicaro cyayo muri Afurika

Twitter yemeje igihugu kizabamo icyicaro cyayo muri Afurika

0

Urubuga rwa  Twitter rwatangaje ko rugiye gushyira  icyicaro cyarwo ku mugabane wa Afurika aho kizaba kiri muri Gana.

Umwe mu bashinze iyi sosiyete Jack Dorsey niwe wabitangaje abinyujije kuri uru rubuga rwa  Twitter:

Mu gukomeza ikiganiro, Perezida wa Gana, Nana Akufo-Addo, yasubije kuri uru rubuga rwa Twitter, agaragaza ko we na Dorsey bakoze inama hifashishijwe ikoranabuhanga  mu cyumweru gishize ariyo yavuyemo uyu musaruro.

Abasesenguzi b’ikoranabuhanga bo muri Afurika bivugwa ko mu gutekereza igihugu Twitter yakoreramo muri Afurika bahisemo ibihugu nka Nigeriya, Kenya cyangwa Afurika y’Epfo kuko ibihugu uko ari bitatu bikomeye mu ikoranabuhanga ku mugabane.

Ariko Bwana Dorsey yatangarije kuri Twitter ko Ghana yatoranyijwe kuko iherutse kwemezwa nk’Igihugu kizabamo ubunyamabanga bw’isoko rusange ry’Afurika. “Ibi bihura n’intego yacu nyamukuru yo gushyiraho icyicaro cyacu kizashyigikira imbaraga zacu zo kunoza no guhuza serivisi zacu muri Afurika.” .

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleKuri uyu wa kabiri nibwo abayisilamu batangira ukwezi ko kwiyirizaza, sobanukirwa uku kwezi
Next articleDr. Bizimana yakuyeho urujijo ku bavuga ko Perezida Habyarimana yakundaga abatutsi
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here