Home Imikino Abari abasifuzi bahawe imyanya ikomeye muri leta birukanwe

Abari abasifuzi bahawe imyanya ikomeye muri leta birukanwe

0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane nibwo Perezida Kagame yirukanye ku mirimo bwana Niyonkuru Zephanie wari umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe iterambere mu Rwanda RDB, uyu wahoze ari umusifuzi w’umupira w’amaguru yirukanwe nyuma y’igihe gito hanirukanwe Shema Maboko Didier wari umunyamabanga uhoraho muri minisiteri ya Siporo.

Niyonkuru Zephanie, uzwi cyane nk’umusifuzi w’umupira w’amaguru mu Rwanda yahawe inshingano mu kigo gishinzwe iterambere ry’Igihugu n’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa 15 Nyakanga 2019, iyobowe na Perezida Kagame.

Yahawe uyu mwanya n’ubundi yari asanzwe akora muri iki kigo nk’inzobere mu bijyanye n’uburyo bw’imikorere (strategy expert). Aka kazi yagakoraga abifatanya no gusifura umupira w’amaguru kuko yawusifuye imyaka 13.

Yirukanwe nyuma yo kugaragarwaho n’amakosa y’imiyoborere adakwiye yakunze kumugaragaraho mu bihe bitandukanye.

Niyonkuru uzwi cyane mu muryango w’aba sportif iyirukanwa rye muri Leta rije rikurira irya mugenzi we Shema Maboko Didier nawe wahagaritswe ku mwanya w’umunyamabanga wa Leta muri minisiteri ya siporo. Shema nawe yari umusifuzi mu mukino wa Basketball, akazi yakoze imyaka irenga 20.

Shema nawe yahagaritswe ku nshingano yari yahawe mu mwaka w’I 2019 nyuma yo kugaragarwaho n’amakosa atandukanye. Gusa Shema Maboko we ntiyirukanwe burundu yarahagaritswe bityo hakaba hari icyizere ko yagarurwa mu mirimo cyangwa agahabwa indi.

Shema Maboko Didier wasifuye imikino ya Basketball imyaka irenga 20 akajya mri Politiki yahagaritswe ku mirimo
NIyonkuru Zephanie wai umusifuzi akabikurwamo n’umwanya wa politiki yari abonye yambuwe inshingano yari afite
Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleAbanyamakuru ba Iwacu TV bavuga iki ku myaka ine bafunzwe ari abere
Next articleBobi Wine yafatiwe i Dubai ahatwa ibibazo
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here