Home Amakuru Gabon: Perezida yahiritswe ku butegetsi akimara gutangazwa nk’uwatinze amatora

Gabon: Perezida yahiritswe ku butegetsi akimara gutangazwa nk’uwatinze amatora

0

Perezida wa Gabon, yahiritswe ku butegetsi akimara gutsinda amatora. Igisirikare cya Gabon cyatangaje ihirikwa ry’Ubutegetsi bwa Ali Bongo Ondimba wari watangajwe ko yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu muri manda ya gatatu.

Itsinda ry’abasirikare bahiritse Ubutegetsi ryatangarije kuri Televiziyo y’Igihugu ko batemerera Ali Bongo gukomeza kuyobora Gabon n’ubwo byari biherutse gutangazwa ko ari we watorewe kuba Perezida wa Repubulika. Ab abasirikare bavuze ko amatora yibwe kandi ko uwari uyoboye Igihugu aari agishoboye kukiyobora kuko ubumwe bw’abanyagihugu bwari buamze kwangirika. Iki gisirikare kiyemeje kongera kubaka ubumwe bw’abene gihugu gutangaza ko imipaka y’ubutaka bw’iki gihugu ifunzwe.

Iki gisirikare cyanahiritse inzego zose z’Igihugu zirimo inteko ishingamategeko, guverinoma n’inzego z’ubutabera gisaba abaturage gutuza mu gihe kigiye gushyira ibintu ku murongo.

Ubuzima bwa Ali Bongo Ondimba w’imyaka 53 y’amavuko ntabwo busanzwe bumeze neza kuko yigeze kubagwa mu bwonko.

Umuryango wa Ali bongo wari umaze ku butegetsi imyaka 56 uyobora Gabon, kuko ubutegetsi yabusigiwe na Se, Omar Bongo, mu mwaka wi 2009 ubwo yari yitabye Imana abumazeho imyaka 42.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleBurundi: Abatinganyi barindwi bakatiwe gufungwa umwe ahita agwa muri gereza
Next articleCP Kabera John Bosco ntakiri umuvugizi wa Polisi
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here