Home Uncategorized Keneth Kaunda wategetse Zambia igihe kirekire yapfuye

Keneth Kaunda wategetse Zambia igihe kirekire yapfuye

0

Kenneth Kaunda, perezida wa mbere wa Zambiya akaba n’umuntu ukomeye mu guharanira ubwigenge bw’Afurika yapfuye afite imyaka 97, umuryango we wemeje urupfu rwe.

Ku wa mbere, Kaunda yagiye mu bitaro byo mu murwa mukuru Lusaka arwaye umusonga. Abafasha be bavuze ko nta Covid-19 yari afite.

Mu myaka y’i 1950, Kaunda yari umuntu w’ingenzi mu cyahoze cyitwa Rhodesia y’Amajyaruguru mu guharanira ubwigenge ibukuye ku  Bwongereza.

Yabaye perezida nyuma y’ubwigenge mu 1964 kugeza mu 1991.

Nkumuyobozi w’ishyaka ryigenga  ryunze ubumwe (UNIP), Kaunda yahise ayobora igihugu mu myaka mirongo y’ubutegetsi bw’ishyaka rimwe.

Yeguye ku butegetsi nyuma yo gutsindwa amatora y’amashyaka menshi mu 1991.

Kaunda – uzwi cyane ku izina rya KK – yari ashyigikiye cyane imbaraga zo guca ivangura muri Afurika y’Epfo. Yashyigikiye cyane ibikorwa byo kwibohora muri Mozambike no muri Zimbabwe.

Umuhungu wa Kaunda, Kambarage, yanditse ku rubuga rwa Facebook rwa nyakwigendera, akoresheje ijambo ry’icyubahiro ati: “Mbabajwe no kumenyesha ko twatakaje Mzee.” “Reka tumusengere.”

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleSankara yasabiwe gufungwa imyaka 25
Next articleBoko Haram yemeje ko umuyobozi wayo yapfuye
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here