Home Politike Rutsiro: Menya impamvu Njyanama yatowe n’abaturage yirukanywe batabigizemo uruhare

Rutsiro: Menya impamvu Njyanama yatowe n’abaturage yirukanywe batabigizemo uruhare

0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu taliki ya 28 Kamena ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo risesa njyanama yose y’Akarere ka Rutsiro kubera guteshukwa ku nshingano.

Muri iritangazo ryasinywe na Minisitiri w’intebe Edouard Ngirente, rinavuga ko uwari umuyobozi w’Akarerere MUREKATETE Triphose, yasimbuwe na Mulindwa Prosper, mu rwego rw’agateganyo.

Murekatete yari yaratowe kimwe n’abandi bayobzi b’Uturere ku wa 19 Ukwakira 2021. Yirukanwe nyuma y’iminsi mike Kambogo Ildefonse batorewe rimwe wayoboraga Akarere ka Rubavu bituranye mu ntara y’Uburengerazuba yegujwe na Njyanama.

Iri seswa rya njyanama rinabaye nyuma y’iminsi havugwa umwuka utari mwiza mu bari basanzwe bayigize.

Benshi bibajije uburyo abantu batowe n’abaturage basheshwe ababatoye batabigezemo uruhare hibazwa niba bikurikije amategeko cyangwa bikozwe ku mpamvu za politiki.

Mu gusesa iyi nama njyanama hashingiwe ku itegeko No 065/2021 ryo ku wa 09/10/2021  rigenga Akarere nk’uko bigaragara muri iri tangazo.

Ingino ya 29 y’iri tegeko niyo iteganya uburyo inama njyanama y’Akarere ikwiye guseswa. Inama njyanama y’Akarere iseswa bisabwe   na 1/3 cy’abayigize mu gihe bigaragara ko bifitiye  abaturage akamaro cyangwa habaye imidugarararo biturutse ku bagize inama njyanama y’Akarere.

Gusa ibi byose sibyo byashingiweho haseswa inama njyanama y’Akarere ka Rutsiro kuko hashingiwe ku gaka ka gatatu k’iyi ngingo kavuga ko “ Bigaragaye ko Inama Njyanama  itagishoboye kuzuza inshingano nabwo iseswa.”

Ibi bihura neza n’ibigaragara mu itanagzo rya minsitiri w’Intebe rivuga ko uuyobozi bw’Aka Karere yateshutse ku nshingano zabwo.

Iri tegeko rikomeza rivuga ko Perezida wa repubulika ariwe ushyiraho abamuhagararira iyo Inama njyanama yasheshwe mu gihe kitarenze amezi atatu (3) hakobona kuba amatora y’abajyanama bashya.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleKu munota wanyuma Biguma wasabiwe gufungwa burundu yatakambiye urukiko
Next articleUko NESA yifashisha ibizamini mu kuzamura ireme ry’uburezi
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here