Home Politike Umutekano ukomeje kuza imbere mu byishimirwa n’abaturage, kurwanya ruswa byasubiye inyuma

Umutekano ukomeje kuza imbere mu byishimirwa n’abaturage, kurwanya ruswa byasubiye inyuma

0

Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB, rwongeye gushyira hanze ubushakashatsi ngarukamwaka buzwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS) bwagaragaje ko Inkingi y’Umutekano n’ituze ry’abaturage byongeye kuza ku isonga mu byishimirwa n’abaturage mu gihe kurwanya ruswa byasubiye inyuma ugereranyije n’umwaka ushize.

Inkingi y’Umutekano n’ituze ry’abaturage byongeye kuza ku isonga n’amanota 90,02%.Gusa ibipimo byaramanutse ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2024,  aho byari kuri 93.84%. inkingi yo kurwanya ruswa nayo yasubiye inyuma kuko yageze kuri 84% ivuye ku manota 86.64% yariho umwaka ushize.

RGB yagaragaje ko uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa  ari rwo ruri ku mwanya wa kabiri n’amanota 86,31%, rugakurikirwa no kurwanya ruswa.

Uburenganzira mu bya politiki buri kuri 82%, buvuye kuri 88% bwariho umwaka ushize mu gihe  inkingi y’iyubahirizwa ry’amategeko iri kuri  81% ivuye kuri 88.51% byariho umwaka ushize.

Inkingi y’ubukungu iri kuri   74%, imitangire ya serivise inoze  iri kuri 71%,  mu gihe gushora imari mu iterambere ry’abantu n’imibereho myiza ari byo byaje ku mwanya wa nyuma n’amanota   64%.

Ubu bushakashatsi bwa RGS kandi bugaragaza ko ikigero cy’ubumwe n’ubwiyunge n’imibanire by’Abanyarwanda  biri kuri 93%, bikaba byaramanutse ugereranyije na 95,32% byariho umwaka ushize.

Nubwo umutekano uri ku isonga n’amanota 90%, ariko kwicungira umutekano w’abantu n’ibintu biracyari hasi n’amanota 86% mu gihe mu bindi byagaragajwe nko kugera kuri serivise z’ikoranabuhanga bikiri hasi n’amanota 66%,  uburezi 65% , uko abaturage banyuzwe na serivise z’ubutaka bahabwa ni 59%, abanyuzwe na serivise z’ubuhinzi ni  55%, kurwanya igwingira bikaba 52%.

Mu bindi bikiri hasi harimo uko abantu banyuzwe n’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bakiri bake n’amanota  49% mu gihe serivise za leta zitangwa mu buryo bugezweho (digital)  bair kuri 11%.

Ubu bushakashatsi ngarukamwaka bwakozwe guhera mu 2011, bugamije kugaragaza ishusho y’uko imiyoborere ihagaze mu byiciro bitandukanye no kugaragaza ingamba zikwiye mu gushyiraho politiki z’igihugu.

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleNyamagabe: Umushinga Dukore twigire uzafasha impunzi n’abaturiye inkambi
Next articleTanzania: Abaturage banze kumvira Igisirikare, bakomeje imyigarambyo ku munsi wa gatatu
Umunyamakuru w'umunyamwuga ubimazemo imyaka 8, yakoze amahugurwa atandukanye ariko itangazaakuru akora ryibanda cyane ku nkuru zicukumbuye, inkuru z'ubutabera n'uburenganzira bwa muntu. Asobanukiwe kandi Data Journalism.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here