Home Uburezi IPRC Kicukiro nta mwana n’umwe uzahezwa

IPRC Kicukiro nta mwana n’umwe uzahezwa

0

Ingaruka zatewe na Covid-19, ziri mu byatumye abana babakobwa bigaga mu mashuri atandukanye na za Kaminuza baterwa inda zitateganijwe.

Nubwo bimeze gutyo, IPRC-Kigali yo ntabwo izabareka ngo bacikize amashuri yabo. Ibi ubuyobozi bw’iri shuri bwabitangarije ikinyamakuru Integonews.com ku wa 22 Ukwakira 2020.

Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abanyeshuri muri Kaminuza y’imyuga n’ubumenyi ngiro ya IPRC Kigali, Bwana, Kajuga Bernard Thomas, yavuze ko ikigo akoramo kidashobora kwirengagiza abana b’abakobwa bashobora kuba barahuye n’ingaruka zatewe na Covid-19.

Kajuga Bernard Thomas ushinzwe imibereho myiza muri IPRC Kigali (Photo Jack)

Yagize ati “Twarabyumvise ko hari abana b’abakobwa bagize ingaruka zaturutse kuri iki cyorezo cya Covid-19, bamwe batwara inda zitateguwe, kuba byarabayeho ntibivuze ko bavuye muri sosiyete Nyarwanda kuko ni Abanyarwanda. ”

Akomeza avuga ko, abagizweho ingaruka b’abakobwa kubera Covid 19 bazitabwaho nk’abandi bose, ikindi  kandi, amashuri yongeye gufungura hashize igihe kinini, ubu bari gushyira abanyeshuri hamwe kugira ngo bazibe icyuho basigiwe n’iki cyorezo cya Covid-19.
Kajuga avuga ko Covid -19 ntaho yagiye, ari nayo mpamvu buri wese agomba kuba maso agakomeza kwirinda, ariko abana b’abakobwa by’umwihariko bakwiye kwiga, bakirinda ibyabarangaza, bagakora ibyabazanye ku mashuri, kuko kwiga neza aribyo bizatuma bagera ku ntego nziza zo gukomeza kubaka igihugu.

 

Abanyeshuri b’abakobwa bahangayikishijwe na bagenzi babo

Ikinyamakuru Intego kandi cyegereye bamwe mu bana b’abakobwa biga muri kaminuza kugira ngo kimenye ingamba bagarukanye nyuma yuko byagaragaye ko abana b’abakobwa aribo bashobora kuba barahuye n’ingaruka zikomeye batewe na Covid-19.

Uwamahoro Nadine Umunyeshuri muri IPRC Kicukiro(photo Jack)

Uwamahoro Nadine umunyeshuri muri IPRC ya KIGALI mu ishami rya DMP Digital Media Production mu mwaka wa gatatu, avuga ko icyorezo cya Covid -19 cyamugizeho ingaruka zikomeye, zirimo kuba yariteguraga gusoza amashuri, ariko akaba atakiyasoreje igihe, yongeraho Ko Covid-19 yasize ubukene muri rusange bwanagize ingaruka luko hari abana b’abakobwa bagiye bashukwa bitewe n’ubukene batewe na Covid -19, abenshi bakaba baratewe inda, hakaba hari n’abadafite icyizere cyo kugaruka kwiga.

Kayitesi Marie Grace umunyeshuri muri IPRC Kicukiro (photo Jack)

Kayitesi Marie Grace nawe wiga iby’ubwubatsi muri IPRC KIGALI mu mwaka wa Gatatu, avuga ko yagakwiye kuba yarasoje kwiga muri Nyakanga uyu mwaka wa 2020, kuri ubu akurikije ingengabihe nshya akaba ateganya kuzasoza amashuri ye muri Mata 2021, ikintu afata nk’ingaruka ikomeye yabaye ku mashuri bitewe n’icyorezo cya Covid-19.
Yongeraho ko hari n’abari batangiye kubona imirimo, ariko nayo bakaba bamaze kuyisiga, kimwe na mugenzi we, nawe yemeza ko Covid19 yanateje ingaruka zikomeye cyane cyane ku bana b’abakobwa batewe inda, bikaba bishobora kugorana ko basubira mu ishuri.

Kayitesi agira inama bagenzi be bagize ibyo byago muri aya magambo “Ntibakwiye gucika intege ngo bumve ko ubuzima bwabo buhagaze, ahubwo bakwiye kwigirira icyizere cyejo hazaza.”

Abanyeshuri basabwa kubaha amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima

Aba banyeshuri batangiye amashuri bavuga ko mu ngamba bafite harimo gukomeza kuziba icyuho cyatewe na Covid-19, kugira ngo bibafashe gukomeza kuzamura imibereho yabo, bubaha ingamaba zashyizwe na Minisiteri y’ubuzima zo kwirinda covid19, arizo gukaraba intoki kenshi, kwambara agapfukamunwa no guhana intera.

Ibyapa bikangurira abanyeshuri kwirinda icyorezo cya Covid-19, kigendanye n’amabwiriza yo kuyirinda

Taliki ya 19 Ukwakira nibwo amashuri makuru nka Kaminuza yongeye kwemererwa gutangira nyuma y’amezi asanga 7 abanyeshuri badakandagira ku mashuri.

Manirahari Jacques

 

 

Facebook Comments Box
Sangiza abandi iyi nkuru................ share this story Partager
Previous articleKuki RURA yahagaritse icyemezo yari iherutse gufata ku biciro by’ingendo
Next articleKarongi: RWAMREC significantly reduced GBV via Prevention+ project

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here